Indiba y'ibivugwa: Kuki kwiyahura bikomeje kwiyongera? || Urunturuntu hagati ya Kenyatta na Ruto

  • 5 months ago
Hashize iminsi mu Rwanda havugwa inkuru zo kwiyahura, nyamara bigafatwa nk’ikibazo kiri aho ndetse rimwe na rimwe uwiyahuye akaba ri we ufatwa nka nyirabayazana, hatitawe ku cyabimuteye ari nacyo gikomeye mu muryango.

Kwiyahura si umwihariko w’u Rwanda gusa, kuko Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ritangaza ko nibura abantu 800 000 bapfa biyahuye buri mwaka, ni ukuvuga umwe muri buri masegonda 40. Benshi mu bibasiwe no kwiyahura ni urubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 29.

Igice cya mbere cy’iki kiganiro kiragaruka ku bitera kwiyahura n’uburyo umuryango nyarwanda ukwiriye gutegurwa kugira ngo ibi bibazo bigabanyuke.

Mu gice cya kabiri, ikiganiro kivuga ku bibazo bya politiki muri Kenya aho Perezida Uhuru Kenyatta afatwa nk’umugambanyi na Visi Perezida we William Ruto. Uhuru ntakivuga rumwe na Ruto kubera ko yamuteye umugongo, akanga kumushyigikira mu matora azaba mu 2022 kandi aribyo bari bemeranyije.

Ibyo muri Kenya bizarangira bite? Aho akavuyo ntikazaba nk’aka 2007?

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda

Recommended