Indiba y’Ibivugwa: Intandaro y’ikimwaro n’ipfunwe by’ingabo za Amerika zasimbuje Aba-Taliban abandi

  • 5 months ago
Kuva mu 2001, Aba-Taliban bari bamaze imyaka 20 bahanganye n’ingabo za Afghanistan zari zifatanyije n’ingabo zirimo iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibindi bihugu.

Ibintu byahinduye isura ubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangazaga umugambi wo kuva mu ntambara ya Afghanistan nyuma y’imyaka 20, aho zavugaga ko ingabo za Afghanistan zifite ubushobozi bwo gukomeza kwirwanaho mu gihe gishobora kugera ku mwaka.

Nyuma y’uko ingabo za Amerika zivuye muri Afghanistan, Aba-Taliban bahise bigarurira iki gihugu, batangaza ko bazashyiraho ubuyobozi bufite imyitwarire itandukanye n’iyo bari bafite ubwo bayoboraga Afghanistan kuva mu 1996 kugera mu 2001.

Amerika yatanze arenga miliyari 2000$ ku ntambara ya Afghanistan, ariko birangira umutwe w’Aba-Taliban wongeye kwigarurira iki gihugu. Ese ni iki cyatumye Amerika itagera ku ntego yayo? Ni gute Aba-Taliban bazayobora igihugu gifite ubukungu bwahungabanye? Byose turabiganira mu Indiba y’Ibivugwa.

Subscribe: https://www.youtube.com/IgiheTV?sub_confirmation=1
Facebook: https://web.facebook.com/igihe
DailyMotion: https://www.dailymotion.com/igihetelevision
Twitter: https://twitter.com/IGIHE
Instagram: https://www.instagram.com/igiheofficial
Flickr: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/
Website: http://igihe.com/

#IGIHE #Rwanda

Recommended